Mu imurikabikorwa hagaragajwe imodoka abatanyabikorwa bahaye Akarere ka Nyanza

Guhera tariki ya 26-28 kamena 2019, mu Karere ka Nyanza habereye imurikabikorwa ry'abafatanyabikorwa mu iterambere ry'Akarere (JADF) rifite insanganyamatsiko igira iti: Uruhare rw'imihigo mu iterambere ry'umuturage

                                Guverineri w'Intara y'Amajyepfo asura ibikorwa bitandukanye

Iri murikabikorwa ryafunguwe ku mugaragaro na Guverineri w'Intara y'Amajyepfo CG Gasana K.Emmanuel. Abafatanyabikorwa bakaba baroroje imiryango 3 yo mu murenge wa Kigoma muri gahunda ya Girinka ndetse hanamurikwa imodoka yatanzwe n'umufatanyabikorwa Action Aid mu rwego rwo gufasha Akarere  kwegera abaturage no gukurikirana imihigo.

                              Guverineri w'intara y'Amajyepfo afungura imurikabikorwa

Guverineri yashimiye abafatanyabikorwa ku ruhare bagira mu iterambere no mu kwesa imihigo y'Akarere. Abafatanyabikorwa nabo bashimye Leta  y'u Rwanda ibaha umwanya wo kugira uruhare mu iterambere ry'igihugu bavuga ko ari imbaraga zikomeye kandi biteguye kuzakomeza kuzitanga.