IMIRENGE YA BUSASAMANA NA MUKINGO YATWAYE IBIKOMBE MU MARUSHANWA YA KAGAME CUP
Amarushanwa y'Umurenge Kagame Cup agamije kwimakaza imiyoborere myiza n'umuco wo guhiganwa binyuze mu mikino yasojwe tariki ya 23 Werurwe 2023, mu mupira w'amaguru mu bagabo n'abagore hakinwa imikino ya Nyuma. Mu bagabo ikipe y'Umurenge wa Busasamana yatsinze iya Muyira ibitego 3-2.
Ni umukino wabereye kuri Sitade y'Akarere ka Nyanza naho mu bagore Umurenge wa Mukingo watsinze uwa Muyira igitego 1-0 mu mukino wabereye ku Kibuga cy'Ikigo cy'urubyiruko. Ikipe zatwaye ibikombe zikaba ari zo zizahagararira Akarere mu byiciro bikurikiyeho mu gushaka itike yo ku rwego rw'Igihugu.
Asoza iyi gahunda ku rwego rw'Akarere, Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza Bwana Ntazinda Erasme yabwiye abitabiriye ko iyi mikino igamije kwimakaza imiyoborere myiza dukomora ku Mukuru w'Igihugu witiriwe iri rushanwa kandi ko imiyoborere myiza irangwa n'ubworoherane no gukora abantu bashaka gutera imbere mu busabane bityo bagahiganwa badahangana. Iyi mikino yanitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza Madame Kayitesi Nadine.
Mu bagobo, Umurenge wa BUsasamana ni wo wegukanye igikombe
Ikipe y'abakobwa y'Umurenge wa Muyira yatsinzwe na Mukingo ku mukino wa nyuma
Abayobozi bakurikiranye uyu mukino
Abafana benshi bari bitabiriye uyu mukino