Hizihirijwe umunsi wa kawa
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Kamena 2019 kubufatanye bwa NAEB n'Akarere, mu murenge wa Ntyazo, Akagari ka Cyotamakara, Umudugudu wa Ruyenzi hizihirijwe umunsi wa kawa 2019, Umushyitsi mukuru yari Umuyobozi w'Akarere wungirijel ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Kajyambere Patrick wari kumwe n'intumwa yari ihagarariye Umuyobozi wa NAEB Bwana Issa NKURUNZIZA.

Abayobozi bari bitabiriye ibi birori
Abitabiriye uyu munsi bakaba babanje gukora umuganda mu
mirima ya kawa iri mu Kagari ka Kagunga, umudugudu wa Bukinanyana. Umukozi w'Akarere ushinzwe ibihingwa byoherezwa mu mahanga yanasobanuriye abahinzi uko kawa ikwiye gufatwa neza kugirango itange umusaruro uhagije kandi mwiza. NAEB yasabye abahinzi kwita kuri kawa, kuva igiterwa, kugeza igejejwe mu ruganda Yasabye kandi abaturage kwagura ubuso buhinzeho kawa ndetse nabo bakayinywa kandi bakabigira umuco. Yabijeje gukomeza isoko kugirango ibahe amafaranga kandi banayibone hafi.
Ubutumwa bwatanzwe n'Umushyitsi mukuru bwagarutse ku buryo kawa y'u Rwanda ari nziza bityo ikaba idakwiye kunyobwa n'abanyamahanga gusa. Yasabye abahinzi kabungabunga aho ihinze kugirango igire uburyohe birinda kuyivanga n'indi myaka ahubwo bagahinga ikawa kinyamwuga.

Abaturage basangira kawa
Igikorwa cyashojwe no Gusangiza kawa abaturage bose bari aho.